LOGO
Home Siporo APR FC yanze kurekura Niyigena Clement wasinyiye Al Hilal SC
Siporo

APR FC yanze kurekura Niyigena Clement wasinyiye Al Hilal SC

APR FC yanze kurekura Niyigena Clement wasinyiye Al Hilal SC
Article Ad
Article Ad
Article Ad
Article Ad

Ikipe ya APR FC yanze kurekura myugariro wayo w'inyuma, Niyigena Clement, wari wamaze kuvugwaho ko yasinyiye Al Hilal SC yo muri Sudan, igaragaza ko ikimukeneye cyane kandi ko nta gihe gihari cyo gushaka umusimbura we.

 

Ku wa kane, tariki ya 29 Mutarama 2026, ni bwo Umutoza Mukuru wa Al Hilal SC, Laurentiu Reghecampf,  yatangaje ko bamaze gusinyisha uyu mugabo wakiniraga APR FC, bikaba byari byatangiye gukwirakwizwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

 

Nubwo uyu mutoza yemeje ko bamaze kumwegukana, ubuyobozi bwa APR FC bwahise bugaragaza ko butaramurekura ku mugaragaro, buvuga ko nta mwanya uhagije bwabonye wo gusuzuma neza ubusabe bw'iyi kipe yo hanze. APR FC yavuze ko Niyigena ari umwe  mu bakinnyi b'ingenzi bagenderwaho muri gahunda zayo, cyane cyane mu gihe iri kwitegura amarushanwa mpuzamahanga.

 

Ubuyobozi bw'ikipe y'Ingabo bwasanze kandi butabona umusimbura uri ku rwego nk'urwe muri iki gihe gito, bityo bufata umwanzuro wo kumugumana kugira ngo adahungabanya imikino iri imbere. Niyigena ni umwe mu bakinnyi bafasha cyane APR FC mu bwugarizi, akaba anafite ubunararibonye mu mikino ikomeye, haba muri shampiyona y'u Rwanda ndetse no mu ikipe y'igihugu ‘Amavubi’.

 

APR FC kandi yamaze gutegura amasezerano mashya ishaka kumuha, kugira ngo yongere igihe cyo kumugumana muri iyi kipe, mu gihe ikomeje urugamba rwo gushaka igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda. Iyi kipe iri mu makipe ahanganiye igikombe, aho  ihura n'indi mikino ikomeye irimo iyo ihanganyemo n'amakipe arimo Al Hilal SC, bivugwa ko nayo iri gushaka  gukomeza kwiyubaka.

 

Niyigena Clement uri mu bakinnyi bahembwa agatubutse mu Rwanda, ni umwe mu bakinnyi b'ingenzi APR FC igenderaho. Uretse kuba ari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu bwugarizi, anahora ahamagarwa mu ikipe y'igihugu, bigaragaza ko ari umukinnyi ufite agaciro gakomeye ku rwego rw'igihugu.

 

Nyuma yo kongera amasezerano y'imyaka ibiri muri Kamena 2024, Niyigena yari asigaje amezi atanu ngo ayo massezerano arangire, aho APR FC yamwishyuraga ibihumbi 3500$ buri kwezi, angana na miliyoni zirenga eshanu z'amafaranga y'u Rwanda.

 

Amakuru avuga ko Al Hilal SC yashakaga kumutangaho ibihumbi 120$ kugira ngo imwegukane ku masezerano y'imyaka itatu n'igice, ikajya buri kezi muhemba ibihumbi 6000$ buri kwezi, umushahara urenze uwo yahabwaga mu Rwanda.

 

Gusa, APR FC igaragaza ko ititeguye gutakaza uyu myugariro muri iki gihe cy'ingenzi, cyane ko ari umwe mu bakinnyi b'inkingi ya mwamba mu rugamba rwo gukomeza kwitwara neza mu gihugu no hanze yacyo.

APR FC yanze kurekura Niyigena Clement wasinyiye Al Hilal SC
Sangiza abandi:

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo byatanzwe

Nta bitekerezo byatanzwe kugeza ubu.

Ad
AdAd