Rayon Sports ikomeje gushyira imbaraga mu gukemura ikibazo cy'ubusatirizi kimaze igihe kiyigaragaramo, aho iri mu biganiro bya yuma na Rutahizamu w'umunya-Uganda, Muhammad Ssenoga Kagawa, w'imyaka 24, wageze mu rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, aje kurangizanya n'iyi kipe imenyerewe mu mabara y'ubururu n'umweru.
Uyu rutahizamu usanzwe ukinira Express yo muri Uganda ntabwo yaje mu Rwanda mu igeragezwa, dore ko binavugwa ko ashobora kuba yaje mu biganiro bya nyuma bigamije ko y'ashyira umukono ku masezerano mu ikipe ya Rayon Sport mu buryo bwemewe. Ni icyizere gikomeye ku buyobozi bwa Gikundiro buyobowe n'inzibacyuho irimo Murenzi Abdallah n'abandi bayobozi, bari gushaka uko ikipe yongera kubona imbaraga mu gice cy'ubusatirizi no gusubira ku rwego rwo gutsinda ibitego byinshi nk'uko byahoze.
Imibare ya Muhammad Ssenoga Kagawa irivugira, aho amaze gutsinda ibitego 6 mu mikino 10 amaze gukina muri Shampiyona ya Uganda y'u mwaka wa 2025-2026. Uyu rutahizamu ayoboye abandi bakinnyi ba EXpress FC mu gutsinda ibitego byinshi, bikaba byaratumye Rayon Sports imushyira ku rutonde rw'abakinnyi bifuza kongeramo mu rwego gukemura ikibazo cy'ibitego bike bimaze iminsi bigaragara muri iyi kipe ikunzwe n'abatari bake mu Rwanda.
Mu bitego bitandatu amaze gutsinda muri uyu mwaka w'imikino, Muhammad Ssenoga Kagawa yatsinze bibiri mu mukino batsinze Calvary FC 4, atsinda n'ibindi b'ibiri mu mukino batssinze Mbarara City4. Yatsinze kandi igitego kimwe mu mukino batsinze UG Police FC ndetse anatsinda igiitego kimwe mu mukinno batsinze URA FC, bigaragaza ko ari rutahizamu ufite akaguru k'ibitego kandi ushobora gutanga umusanzu ufatika mu gice gisatira.
Ntagihindutse, Muhammad Ssenoga Kagawa ateganyijwe gutangira imyitozo hamwe n'abandi bakinnyi ba Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu, mu gihe ibiganiro byaba bigenze neza, agahita asinyishwa. Mu gihe yaba yinjiye muri iyi kipe yaba yiyongereye ku bandi bakiny b'abanya-Uganda baheruka gukinira Rayo Sports, barimo Ojera Joachim, Charles Bbaale na Musa Esenu, bakaba barigeze kurema amateka muri iyi kipe.
Impamvu Rayon Sports iri kwisoko ry'abakinnyi ni uko ifite ibibazo bikomeye by'imvune mu gice gisatira, aho abakinnyi bayo b'ingenzi barimo Fall Ngagne, Tambwe Gloire, Aziz Bassane Koulagne, Abedi Biramahirena Ndikumana Asman Bose bari mu mvune cyangwa bataramera neza ku buryo bafasha ikipe uko bikwiye. Ibi byatumye ubuyobozi bushyira imbere gushaka rutahizamu witeguye gutanga umusanzu ako kanya.
Rayon Sports irateganya gusubira mu kibuga mu mperaziki cyumweru, aho izakirwa na Gorilla mu mukino itezweho gukurura abafana bensshi. Abakunzi ba Gikundiro bakomeje gutegerezakubera ko niba Muhammad Ssenoga Kagawaazaba umwe mu bakinnyi basshya bashobora gufasha iyi kipe kongera kugaruka mu nzira y'ibyishimo.

Ibitekerezo byatanzwe
Nta bitekerezo byatanzwe kugeza ubu.